EUGENE OFFICIAL

Umutwe wa m23 wigaruriye uduce twa Mulamba na Kaniola muri teritwari ya Walungu
MU MAHANGA UMUTEKANO

Umutwe wa m23 wigaruriye uduce twa Mulamba na Kaniola muri teritwari ya Walungu

Aug 11, 2025

Imirwano ikomemeye yiriwe hagati y’abarwanyi b’umutwe wa m23 n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo ,muri Teritwari ya Walungu na Shabunda aho iyi mirwano yasize umutwe wa m23 wigaruriye uduce tubiri muri izi teritwari zaombi.

Abarwanyi b’umutwe wa m23 bakimara gufata agace ka Kaniola muri Walungu bifotoje.

 

Amakuru yatangajwe na Sosiyete Sivile zo muri izi teritwari yemeza ko abarwanyi b’umutwe wa m23 nyuma yo gukubita abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo bigaruriye agace ka Mulamba gaherereye muri teritwari ya Walungu gurupoma ya Mulamba ,ndetse ko wanigaruriye agace ka Kaniola gaherereye hagati ya teritwari ya Shabunda na Kabare kari mu bilometero 57 n’umujyi wa Bukavu hafi na parike ya Kauzi Biega.

Biravugwa ko gufatwa kwa tuno duce twombi byahaye inzira abarwanyi b’umutwe wa m23 yo kubasha kugera ku kirombe kinini cy’amabuye y’agaciro cya Shabunda.

Abarwanyi ba Wazalendo muri teritwari ya Walungu.

Umutwe wa m23 wigaruriye ibi bice byombi nyuma yuko abayobozi b’ihuriro rya AFC/M23 batangaje ko batazongera kwihanganira igitero na kimwe cy’abarwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa ngo kuko kwihangana bigira aho birangirira ,nkuko byatangajwe na Bertrand Bisimwa umuhuzabikorwa w’ungirije unshinzwe ibibazo bya Politike na Dipolomasi wiri huriro mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa kane  tariki ya 07 Kanama  2025 mu mujyi wa Goma.

Kwigarurira bino bice bibaye mu gihe i Doha byari biteganyijwe ko ibiganiro byamahoro bitangira ariko impande zombi zikaba zanze kwitabira ibi biganiro ku mpamvu zitandukanye,aho ihuriro rya AFC/M23 rivuga ko nta butumire ryabonye ariko ku rundi ruhande rikaba ryari ryagiye ritangaza ko ritazongera kwitabira ibi biganiro igihe cyose leta yaguma kubagabaho ibitero.

Amakuru ava mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yemeza ko imirwano ikaze yongeye kubura muri teritwari ya Walikare hagati y’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo n’abarwanyi b’umutwe wa m23.

Sosiyete Sivile zikorera muri teritwari ya Walikare zatangaje ko imirwano ikaze yumvikanye guhera mu masaha ya nyuma ya saa sita,aho abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo APCLS baherereye mu gace ka Bueni umudugudu uherereye mu gace ka Kashebere teritwari ya Walikare.

Abayobozi ba Gakondo mu gace ka Kashebere batangaje ko ibitero byatangiye mu masaha ya saa munani ,aho impande zombi zakoreshaga intwaro zikomeye nizoroheje.

Aba bayobozi kandi bemeje ko nta gikorwa cy’ubukungu kigeze gikorwa nyuma ya saa sita kubera iyo mirwano ariko baje no gutangaza ko imirimo yongeye gukorwa mu masaha ya nijoro.

Abakurikiranira hafi ibibazo by’umutekano wo m’Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bemeza ko imirwano idashobora gukemura ibibazo biri muri iki gice cy’igihugu kimaze imyaka mirongo itatu mu makimbirane y’intambara.