Leta ya RDC ntivuga rumwe na AFC/m23 kwiyicwa ry’umunyamakuru Fiston Wilondja wiciwe i Bukavu
Fiston Wilondja Mazambi wari umunyamakuru yiciwe i Bukavu, mu gace kagenzurwa na AFC/M23.
Ikinyamakuru kitwa Le Potentiel cyatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere Tariki 05/8/2025 ari bwo abantu basanze umurambo we uryamye hasi,yavuye amaraso menshi kandi aziritse ikiziriko mu ijoso.

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwatangaje ko bwamaganye ubwo bwicanyi bwakorewe mu gice cyafashwe n’umutwe witwaje intwaro ko aho yiciwe ari mu gice abanyamakuru babangamirwa gukora akazi kabo ka buri munsi.

Amakuru atangwa nababonye umurambo we bavuga ko yishwe nyuma yo gukorerwa ibikorwa byiyica rubozo.
Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku ruhande rw’ihuriro rirwanya ubutegetsi bwa Kinshasa avuga ko yamagana ubu bwicanyi ariko akabushyira kubatifuza ko igice bagenzura kigira amahoro.

Umuryango wuyu munyamakuru na bagenzi be basaba umutwe wa AFC/M23 gukora iperereza bakagaragaza abishe uyu munyamakuru.
Umunyamakuru Fiston Wilondja Mazambi apfuye afite imyaka 30 ,bivugwa ko yishwe yabanje gushimutwa mu masaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba akaba yaratwawe n’abantu batamenyekanye akuwe mu gace ka Mulamba kwa Muganza muri Quartier Nguba atwawe n’umukomando w’umusirikare utaramenyekanye.

Uyu munyamakuru abamutoraguye ku muhanda bavuga ko bamujyanye ku bitaro bya Bukavu ameze nabi kubera ibikomere yari afite ko aribyo byaje kumuhitana .