AFC/M23 yamaganye ubwicanyi bwakorewe abasivile muri Ituli batangaza n’icyo bagiye gukora ngo buhagarare
AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere Mu ntara ya Ituri aho aba basivire bari bazindukiye mu masengesho bakagabwaho igitero n’umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Museveni muri Uganda.
Iri huriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri Teritwari ya Irumu mu Ntara ya Ituri, rivuga ko ibi byose ari ingaruka zo kuba ubutegetsi bwa Congo budashoboye, bityo ko ibi biha umukoro iri Huriro gushyiraho ubutegetsi bufatika mu Gihugu hose.
Ni ubwicanyi bwabaye kuri iki Cyumweru tariki 27 Nyakanga 2025 muri iriya Kiliziya iherereye muri Teritwari ya Irumu mu Ntara ya Ituri yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umuvugizi wa AFC/M23 Twirwaneho bwana Lawrence Kanyuka; mu butumwa yatanze mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki ya 27 Nyakanga 2025 yatangaje ko iri Huriro “ryamaganye ryivuye inyuma ubwicanyi bwakorewe abaturage 47 dusangiye Igihugu, bwakozwe na ADF/NALU kuri iki Cyumweru tariki 27 Nyakanga 2025 muri Kiliziya ya Komanda muri Teritwari ya Irumu mu Ntara ya Ituri.”

Yakomeje agira ati “Ubushobozi bucye bw’ubutegetsi bwa Kinshaha mu kurinda abaturage b’abasivile buratuma AFC/M23 igomba kugarura ubutegetsi bushikamye mu bice byose bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”
Ubu bwicanyi kandi bwanamaganywe n’Umuryango w’Abibumbye nk’uko byatangajwe na Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye Yungirije y’Umunyamabanga wa UN akaba ari n’Umuyobozi w’Agateganyo wa MONUSCO.
Vivian van de Perre yagize ati “Ibi bitero byibasira abasivile batagira kivurira, byumwihariko bikorerwa aho abantu basengera, ni ukwigomeka kandi bihonyora amahame yose y’Uburenganzira bwa muntu n’uburenganzira mpuzamahanga bw’ikiremwamuntu.”
Uyu muyobozi w’Agateganyo wa MONUSCO yakomeje ubutumwa bwe avuga ko ku bufatanye n’ubutegetsi bwa DRC bagiye gukaza imbaraga mu kurinda abaturage b’abasivile.

Si aba gusa bamaganye ubu bwicanyi kuko n’umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa Patrick Muyaya nawe yabwamaganye ndetse n’igisirikare cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo nacyo cyasoye itangazo ryamagana ibitero bya ADF kubasivile muri iyi ntara ya Ituri byahitanye abasivile 41 abandi benshi bagakomeretswa.
Amakuru ava muri iyi ntara avuga ko aba basivire abenshi bicishinjwe imipanga ndetse n’izindi ntwaro za gakondo.
Igisirikare cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo n’igisirikare cya Uganda bimaze iminsi bihiga bukware abarwanyi buyu mutwe w’iterabwoba ushamikiye ku idini rya Islam .
Mu itangazo ryamagana iki gitero ryasowe na FARDC ryavugaga ko uyu mutwe wa ADF wakoze ubu bwicanyi mu mugambi wo kwihimira kuri iki gisirikare kubera ibikorwa kimaze iminsi gikora gifatanyije n’igisirikare cya Uganda UPDF muguhashya uyu mutwe,uyu mutwe ngo ukaba ugamije kugamburuza FARDC na UPDF ngo babe bareka kuwuhiga.

Igisirikare cya Uganda UPDF ndetse n’igisirikare cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo basinyanye amasezerano yo gufatanya guhashya umutwe wa ADF na CODECO ikorera muri Ituri mucyo bise operation Shujaa ariko ababinenga bavuga ko umusaruro wabo Ari nkene.
Umutwe wa ADF umaze imyaka myinshi ubangamira umutekano w’abaturage b’abasivile batuye mu ntara za Ituli na Bunia,sosiyete sivile zo muri izi ntara zitangaza ko abarwanyi ba ADF na CODECO bamaze nibura kwica abasivile bagera mu ijana na mirongo itandatu mu gihe cy’amezi abiri ashize.