EUGENE OFFICIAL

Bizimana Djihad yafashije ikipe ye gutera indi ntambwe
AMAKURU IMIKINO

Bizimana Djihad yafashije ikipe ye gutera indi ntambwe

Jul 26, 2025

Umunyarwanda Bizimana Djihad ukinira Al Ahly Tripoli yo muri Libya, ari mu bayifashije gutsinda umukino wa mbere mu ya kamarampaka izagena ikipe yegukana Shampiyona.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 25 Nyakanga 2025, ni bwo Al Ahly Tripoli yakinnye na Al Ahly Benghazi mu mukino wa mbere wa ‘Play-Offs’ wabereye mu Butaliyani.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ari bo Bizimana Djihad ukina mu kibuga hagati na Manzi Thierry ukina mu bwugarizi, ni bamwe mu bo Al Ahly Tripoli yabanje mu kibuga bakina umukino wose.

Ku munota wa 16 Al Ahly Tripoli yabonye igitego cyatsinzwe na Bizimana. Ni igitego yatsinze ubwo yari ahagaze inyuma y’urubuga rw’amahina, atera ishoti rikomeye umunyezamu wa Al Ahly Benghazi, Murad Al Woheshi, ntiyawugeraho.

Si iki gitego cyabonetse muri uyu mukino cyonyine, dore ko Al Ahly Tripoli yabonye ikindi cyinjijwe na Hamdou El Houni ku munota wa 25, binafasha iyi kipe guhita iyobora urutonde rw’amakipe ari gukina kamarampaka.

Umukino ukurikiraho uzahuza Al Ahly Tripoli na Al Akhdar ku wa Kabiri, tariki ya 29 Nyakanga 2025.