Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 22 Nyakanga 2025, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ku mugaragaro ibiciro by’itike yo kwinjira mu birori bya Rayon Day, biteganyijwe ku wa Gatandatu tariki 19 Nyakanga 2025, bizabera muri Sitade Amahoro.
Ikipe ya Rayon Sports, nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo gukoresha Sitade Amahoro kuri uwo munsi, yatangiye gutegura birambuye uyu munsi ukomeye mu mateka yayo, inasaba abafana kuzitabira ku bwinshi.
Ibiciro by’amakarita yo kwinjira byashyizwe ahagaragara birimo amafaranga 3,000 Frw ku myanya yo hejuru, 5,000 Frw ku myanya yo hepfo yegereye ikibuga, 15,000 Frw ku myanya yicaye neza, 30,000 Frw kuri VIP, 100,000 Frw muri VVIP, 150,000 Frw mu myanya y’icyubahiro, na 2,000,000 Frw muri Sky Box.
Abasesengura bavuga ko aya mafaranga atashyizwe hejuru ugereranyije n’icyo iki gikorwa gisobanuye ku bafana b’iyi kipe.
Hazaba hari umukino w’ishiraniro Rayon Sports izakina na Yanga Africans yo muri Tanzania, ikipe yamaze kwemeza ko izitabira uyu munsi.
Mu gihe imyiteguro igikomeje, Rayon Sports iravugwaho kurangizanya amasezerano na Bigirimana Abedi nyuma y’igihe cy’amakuru amuvugwaho. Nanone kuri uyu wa Mbere, iyi kipe yakiriye rutahizamu mushya witwa Ndong Mengue Chancelor, umukinnyi ushobora gukina ku mpande zombi z’ubusatirizi — nimero 7 na 11.
