EUGENE OFFICIAL

Rutshuru:imirwano ikaze yongeye guhanganisha umutwe wa m23 n’umutwe wa Wazalendo muri Nyamilima
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE UMUTEKANO

Rutshuru:imirwano ikaze yongeye guhanganisha umutwe wa m23 n’umutwe wa Wazalendo muri Nyamilima

Jul 21, 2025

Rutshuru imirwano ikaze yongeye guhanganisha umutwe wa m23 n’umutwe wa Wazalendo muri Nyamilima ni imirwano yubuye guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 21Nyakanga 2025 guhera mu masaha ya saa kumi n’ebyiri .

Iyi mirwano yubuye mu bice bya Sisa na Manyoni aho abarwanyi bo mu mutwe wa m23 wazindutse ugaba ibitero ku barwanyi ba Wazalendo guhera saa mbiri za mu gitondo muri bino bice byombi.

Iki gitero cyagabwe na m23 cyari kigamije ko umutwe wa m23 wongera kwigarurira igice cya Sisa na Manyoni uyu mutwe wari wikuyemo mu bihe bishize hakaba hari hahise higarurirwa n’umutwe wa Wazalendo yo muri gurupe ya CMC.

Imirwano nkiyi kandi yari yazindutse n’ubundi mu bice bya Kigaligali,Busesa,Nyamitwitwi na Nyamilima,aho umutwe wa m23 wagabye ibitero bindi ku barwanyi ba Wazalendo muri ibi bice byose guhera ku masaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo kuri uyu wa mbere.

Amakuru ava kuri buri ruhande aragaragaramo ko buri ruhande rwigamba gusubiza inyuma urundi,kandi buri ruhande rukanigamba kwica abarwanyi burundi.

Twagerageje gushaka umuvugizi wa M23 ishami rya gisirikare Lt col Willy Ngoma Telefone ye ntiyacamo ,tugerageje no gushaka umuyobozi uhagarariye sosiyete sivile ikorera muri Nyamilima akaba atitabaga telefone yiwe igendanwa.

Abaturage bavuga ko batewe impungenge niyi mirwano yongeye kubura mu gihe ,bari bamaze gusinya amahame ngenderwaho yo kubashyitsa ku masezerano y’amahoro arambye kandi muri aya mahame hakaba harimo ihame ryo guhagarika intambara burundu ariko bikaba bitari kubahirizwa,ariko buri ruhande mubasinye aya mahame bakaba bashinjanya ko buri ruhande rubangamiye amahame yasinywe hagati yabo bombi.

Imirwano nk’iyi ubundi iravugwa muri teritwari ya Kabare mu kivu y’Amajyepfo ndetse no muri teritwari ya Uvira mu bice bya Rurambo na Rugezi.