RDC:Kinshasa yasabye ibisobanuro guverinoma ya Uganda kubera yafunguye umupaka wa Bunagana
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane ya Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo yatangaje igiye gusaba ubusobanuro ,guverinoma ya Uganda kucyabateye gufata icyemezo cyo gufungura imipaka ibahuza niki gihugu ariko mu gice kigenzurwa n’inyeshyamba zo mu ihuriro rya AFC/M23.
Mu kiganiro Minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru bikorera muri iki gihugu yavuze ko yagaye icyemezo cyafashwe na Uganda cyo gufungura imipaka ibahuze n’igice kiyoborwa n’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Tshisekedi.
Umupaka wa Bunagana uhana imbibi n’akarere ka Kisoro muri Uganda ,ukaba uherereye muri teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru,wafunguwe kuwa Kane ,tariki ya 10 Nyakanga 2025 n’ubuyobozi bwa Uganda ndetse bari kumwe n’ubuyobozi bw’inyeshyamba zihuriye mu ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Kinshasa ariko nta muyobozi wemewe n’amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo waruhari,akaba aricyo gitera guverinoma ya RDC kuvuga ko isaba ibisobanuro guverinoma ya Uganda.
Raporo y’impuguke za Loni yasotse mu kwezi k’Ukuboza 2022 ,yashinje ihuriro rya AFC/M23 guhatira abaturage baturiye umupaka wa Bunagana gutanga imisoro ngo ifashe izi nyeshyamba ivuga ko umupaka Bunagana -Kitagoma ariwo winjizaga amafaranga menshi muri izi nyeshyamba.
Mu kwezi kwa Cumi 2022,impuguke za Loni zivuga ko izi nyeshyamaba zishyuzaga abanyura kuri uyu mupaka n’amaguru amadorari agera kuri 180USD ku munsi angana n’amashiringi 70000 ,ikavuga ko nibura hambukaga abantu bakoresha amaguru bagera 500 ku munsi,izi mpuguke zikomeza zivuga ko muri raporo yazo zasanze uyu mutwe wishyuza amadorari ya Amerika agera 27000 ku kwezi ku mupaka wa Bunagana ,bakishyuza umusoro ku nka imwe ungana n’amadorari 7USD,bakishyuza abahinzi kugira ngo babashe kugera mu mirima yabo nibura amadorari 3 USD ku kwezi.
Uyu mupaka wari wafunzwe mu mwaka wa 2022 mu kwezi kwa Gatatu na guverineri wa gisirikare w ‘intara ya Kivu y’Amajyaruguru Constant Ndima.
Ibi byatangajwe na Kinshasa mu gihe ihuriro rya AFC/M23 ribicishije ku muhuzabikorwa waryo wungirije ushinzwe ibikorwa bya Politike na Dipolomasi bwana Bertrand Bisiimwa yashimiye Perezida wa Uganda Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura iyi mipaka ibahuza na AFC/M23.