EUGENE OFFICIAL

RDC/UGANDA:Umupaka wa Bunagana wongeye gufungurwa na AFC/M23 k’ubufatanye na Perezida Museveni
AMAKURU POLITIKE

RDC/UGANDA:Umupaka wa Bunagana wongeye gufungurwa na AFC/M23 k’ubufatanye na Perezida Museveni

Jul 10, 2025

Umupaka wa Bunagana wongeye gufungurwa na AFC/M23 k’ubufatanye na Perezida Museveni ni umupaka wari warafunzwe guhera mu kwezi kwa Gatandatu umwaka wa 2022,ukaba wari wafunzwe n’umutwe wa m23 ukimara  gufata aka gace ka Bunagana gahana imbibi n’igihugu cya Uganda.

Uyu mupaka wafunguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa 10Nyakanga 2025 ,nyuma yuko bitegetswe na perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni.

 

Umupaka wa Bunagana uherereye mu ntara ya Kvu y’Amajyaruguru muri teritwari ya Rutshuru ukaba ari umupaka w’ingenzi mu buruzi bw’iyi ntara ,mu mwaka wa 2022 ukimara gufungwa abaturage batuye muri iki gice barabyinubiye cyane kuko byanaturutse ku butegetsi bwa Uganda bwari bwanze ko hari ibicuruzwa biva muri iki gihugu bijya mu bice byafashwe na m23.

 

Nk’uko amakuru dukesha abaturage bari muri aka gace abihamya baravuga ko imodoka ya mbere ijya mu gihugu cya Uganda yambutse uyu mupaka mu masaha ya saa tatu n’igice nk’ikimenyetso cyuko uyu mupaka ufunguwe.

Ifungurwa ry’uyu mupaka ryitabiriwe n’abayobozi b’ihuriro AFC/M23 ndetse n’abayobozi bo ku ruhande rwa Uganda.

Kugera aya masaha ubutegetsi bwa Kinshasa ntacyo buratangaza kwifungurwa ryuyu mupaka.

Umuhuzabikorwa wungirije wihuriro rya AFC/M23 Bertrand Bisimwa ,uyu mupaka ukimara gufungurwa yahise ashimira Perezida Museveni kubera ko yemeye ko inyungu z’abaturage arizo zijya imbere kurenza iza politike.