Akazi cyangwa Ubucakara? Abarenga 17,000 b’abarundi boherejwe mu bihugu by’abarabu, bamwe baragarutse barakomerekejwe.
Akazi cyangwa Ubucakara? Abarenga 17,000 b’abarundi boherejwe mu bihugu by’abarabu, bamwe baragarutse barakomerekejwe.

Byibura abarundi 17,000 bamaze koherezwa ku mugaragaro mu bihugu by’abarabu, aho bajyanywe mu rwego rwo gukorera yo akazi binyuze mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Leta y’ Uburundi na Arabiya Sawudite.
Ariko, nk’uko byatangajwe n’inkuru yasohotse ku wa 23 Kamena 2025 n’ibitangazamakuru bitatu by’iperereza, abagera kuri 500 bamaze kugaruka mu gihugu mu buryo bubabaje, bamwe bakuweyo barashizemo imbaraga, abandi bahasiga ubuzima.

Ibi bikorwa bikekwa nk’ubundi buryo bushya bw’ubucuruzi bw’abantu.
Aya masezerano yasinywe mu mwaka wa 2021, agamije gutuma abakozi b’abarundi bajya gukora mu bihugu byo mu Karere ka Golfe, by’umwihariko muri Arabiya Sawudite. Ibi byabonetse nk’amahirwe kuri benshi mu rubyiruko rudafite akazi, cyane cyane abagore n’abakobwa bashaka gufasha imiryango yabo.
Ku mpapuro, amasezerano ahari, agaragara nk’afite ibisobanuro byiza. Ariko nk’uko bitangazwa n’iperereza ryakozwe na Ukweli Coalition Media Hub, Afrique XXI, na Africa Uncensored, ubuzima bw’aho bageze burutwa n’ubucakara.
Benshi muri aba bakozi, cyane cyane abakobwa n’abagore, bahuye n’ihohoterwa rikabije, guhohoterwa ku mubiri no kwamburwa uburenganzira n’abo bakoreraga muri Arabiya Sawudite.
Urugero ruteye agahinda ni urw’umukobwa w’imyaka 24 wapfuye hashize amezi ane agezeyo. Yari yarambuwe uburenganzira bwe bwose, nta buryo bwo kuvugana n’umuryango, apfuye ashyingurwa muri Arabiya Sawudite kubera kubura ubushobozi bwo kumuzana.
Umuryango we wamenye urupfu rwe biciye ku mbuga nkoranyambaga (social media).

Ibi bikorwa binengwa bikomeye n’ishyirahamwe FENADEB (Ihuriro ry’ama sosiyete aharanira uburenganzira bw’abana mu Burundi), rikaba rinaharanira kurwanya icuruzwa ry’abantu.
FENADEB ivuga ko yamaze kumenya abantu 66 bakekwaho kuba baragizwe abacakara muri ubwo buryo.
Muri abo, abakobwa 37 ni bo bavuye muri Arabiya Sawudite, 8 bavuye muri Oman, 3 muri Kuwait, na 3 bavuye muri Kenya. Bose bavuga ko bakorewe ihohoterwa ritandukanye, harimo iryabakomerekeje ku mubiri ndetse no mu mitekerereze.

Iyi nkuru kandi ivuga ko hari bamwe mu bayobozi bakomeye b’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi CNDD-FDD bagiye bungukira muri iri curuzwa ry’abantu, mu gihe abaturage bagiye barenganirwamo.

Iperereza rirakomeje, kandi twiteguye gutangaza andi makuru mashya naboneka.