EUGENE OFFICIAL

Burundi abaturage baricanye ku itariki 30/6/2025, bamwe baranabatwitse ku mugaragaro!
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE UMUTEKANO

Burundi abaturage baricanye ku itariki 30/6/2025, bamwe baranabatwitse ku mugaragaro!

Jul 2, 2025

Burundi abaturage baricanye ku itariki 30/6/2025, bamwe baranabatwitse ku mugaragaro!

Mu gihe leta ya Gitega ikomeje kwifatanya na leta ya Kinshasa, izo leta zombi ntizigeze zigira impuhwe ku baturage bazo, dore ko gutwika abantu ku mugaragaro abandi bari kubireba ndetse no kwica abaturage abandi bareba ntibabatabare ariyo ndwara ya mbere ibyo bihugu byombi bihuriyeho.

Mu Burundi kuva kera abantu barabatwikaga babona bakanuye n’amaso yabo ari bazima, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo naho ni uko, ariko icyateye abantu agahinda cyane ni ibyabaye mu Burundi ku wa 30/6/2025 buri bucye hakorwa ibirori byo kwizihiza ubwigenge.

Ese ubwigenge burimo ubwicanyi burashoboka? Ese uwo wishwe we nta bwigenge n’ubutabera yari akeneye? Aha mwakwibaza ngo byabereye hehe byatangiye bite?

Ubwicanyi Buteye Ubwoba ku Mutumba Gasarara: Abanyagihugu Baratabaza Inzego z’Umutekano

Nyabiraba, Bujumbura Rural, abaturage bo ku mutumba Gasarara muri komine Nyabiraba baratabaza bongera basaba ubufasha bwihutirwa bw’inzego z’umutekano, inyuma y’uko havugwa ubwicanyi ndengakamere bukomeje kubera muri ako gace.

Kuva ku wa mbere, itariki ya 30/6/2025, bivugwa ko hari igikorwa gikomeye cyariho kiba cyo guhiga no kwica abantu bashinjwa uburozi. Abaturage bavuga ko abashinjwa uburozi bafatwa bagakubitwa bakicwa, abandi bagashyirwa mu muriro bagatwikwa ari bazima, ibintu bikorwa n’abandi baturage bagenzi babo.

Amakuru ava aho avuga ko abantu 6 bamaze kwicwa, barimwo abagabo 3 n’abagore 3, kandi haravugwa urutonde rw’abandi bantu bari gushakishwa kugira ngo nabo bicwe.

Ibi bikorwa by’ubwicanyi bivugwa ko bishobora gukwiragira no mu tundi duce hatagize igikorwa vuba, nk’uko abaturage babitangaje. Ikibabaje, nk’uko bivugwa n’ababa aho, ni uko abayobozi bo ku rwego rw’aho bibera bari kubirebera, nta gikorwa na kimwe bakoze ngo bahagarike ubwo bwicanyi.

Umwe mu baturage yabwiye itangazamakuru ati:
“Tubaye mu bwoba bwinshi. Bafashe umuturanyi wacu bamushinja uburozi bamukubita kugeza apfuye. Inzego z’umutekano ntazo turabona, abategetsi ntibagira ico bavuga.”

Abaturage basaba inzego nk’igiporisi, n’ubuyobozi bw’intara kugera kuri uwo mutumba hakiri kare kugira ngo barwanye ubwo bwicanyi no gufata ababishe bagashirwa mu maboko y’ubutabera.

Ikinyamakuru cagerageje kugera kuri Musitanteri wa komine Nyabiraba, Bwana Michel MPITABAKANA, kugira ashimangire amakuru ari kuvugwa mu gace ayoboye, ariko kugeza ubu kumubona ntibirashoboka ngo agire icyo atangaza.

Ku mbuga nkoranyambaga agahinda k’ababonye amafoto na video by’abicwaga bavize ko

Ibintu nk’ibyo muri 1993 byabaye za kayanza, bavuga ngo abarozi mu mezi y’ukwa 8 n’ukwa 9, imiryango iratikizwa (irarimburwa), ko abari bakuze muri icyo gihe babyibuka, undi nawe ati ni uko biza buhoro buhoro bugacya byakwiriye igihugu cyose, ko byose ari urugero bakuye Kongo, ko ari ibyo bita kuzirikanya ihene nziza n’imbi, undi nawe ati ababikoze bose bari mu nzego z’ubuyobozi. Undi nawe ati mwatangiye kugaragara, mwatangiye kubatwika i Burundi ibyo muhora mukorera muri Kongo?

 

Amakuru turakomeza kuyabakurikiranira, tunasaba ababa bashobora kugira icyo bakora ngo abantu batabarwe babikore mu maguru mashya, kuko bikomeje gutya igihugu cyose cyakwicana uwariwe wese ushaka kwikiza uwo adashaka akamwita umurozi akamwica.