EUGENE OFFICIAL

Iran ishyize ingaruka z’ibitero bya Amerika mu rukuta rw’ibiganiro kuri nucléaire
AMAKURU POLITIKE

Iran ishyize ingaruka z’ibitero bya Amerika mu rukuta rw’ibiganiro kuri nucléaire

Jun 30, 2025

Iran yatangaje ko ititeguye gusubira mu biganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bijyanye n’intwaro za kirimbuzi (nucléaire), igihe cyose hatabayeho ibisobanuro birambuye ku byerekeye ibitero Amerika iheruka kuyigabaho.

Kuwa 22 Kamena 2025, Leta ya Amerika yagabye igitero ku bice bikomeye bya Iran birimo Fordow, Natanz na Isfahan, aho hakorerwa ibikorwa bijyanye n’ingufu za nucléaire. Icyo gihe, Amerika yatangaje ko icyo gikorwa cyari kigamije guhagarika burundu ubushobozi bwa Iran bwo gutunganya Uranium.

Icyo gitero cyakurikiriye ibindi bitero byari bimaze iminsi bigabwa na Israel ku nganda n’ibindi bikorwaremezo bya Iran, cyane cyane ibijyanye n’intwaro ziremereye na nucléaire.

Nyuma y’uko Perezida Donald Trump atangaje ku wa 24 Kamena ko Iran na Israel bemeranyije guhagarika ibikorwa by’urugomo, Amerika yatangaje ko yifuza ko ibiganiro na Iran byasubukurwa.

Gusa Iran ibicishije kuri Minisitiri wungirije ushinzwe ububanyi n’amahanga, Majid Takht-Ravanchi, yasobanuye ko Amerika yatanze igitekerezo cyo gusubukura ibiganiro ariko ntisobanure niba izahagarika ibikorwa bya gisirikare ku butaka bwa Iran.

Ravanchi yagize ati: “Turifuza kumenya niba ibiganiro nibisubukurwa, bitazakomeza bishegeshwe n’ibikorwa bya gisirikare cyangwa ibindi bishotoranyi. Amerika ikwiye kutwereka ko dushobora kuyizera.”

Yakomeje ashimangira ko ibikorwa bya nucléaire Iran ikora bigamije amahoro, atari ugutegura intwaro za kirimbuzi, nk’uko bamwe mu bayishinja babivuga.

Yongeyeho ko mu gihe ibiganiro byaba bisubukuwe, Iran iziteguye kuganira ku gipimo cya Uranium itunganya, ariko ko gusabwa guhagarika burundu ibyo bikorwa ari nk’igitutu cy’akaduruvayo.

Ati: “Kuganira ku bipimo no ku bushobozi birashoboka, ariko kuvuga ngo ntimukabyongere na gato ni nko guhatira igihugu kwigobotora ubusugire bwacyo.”

Ibiganiro hagati ya Amerika na Iran ku byerekeye nucléaire byatangiye muri Mata 2025, aho igihugu cya Oman cyafashe inshingano zo guhuzabikorwa hagati y’impande zombi.