EUGENE OFFICIAL

RDC:Kubeshya ko nta kibazo kiri muri RDC ko ari ikibazo cya Kigali na Kinshasa byaba ari ubushukanyi butakihanganirwa/Nangaa Corneille
AMAKURU MU MAHANGA POLITIKE

RDC:Kubeshya ko nta kibazo kiri muri RDC ko ari ikibazo cya Kigali na Kinshasa byaba ari ubushukanyi butakihanganirwa/Nangaa Corneille

Jun 30, 2025

Umuhuzabikorwa w’ihuriro rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo (AFC/M23) Corneille Nangaa yatangaje ko amasezerano aherutse gusinywa hagati y’ubwo butegetsi n’ubutegetsi bw’u Rwanda ,i Washington ari intambwe ituzuye ariko ko ari amasezerano y’ingenzi.

Mu ijambo yavuze ko ageneye abaturage ba Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ,ku itarki yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 65 iki gihugu kibonye ubwigenge yavuze ko amasezerano yasinywe hagati y’ubutegetsi bwa Kigali n’ubwa Kinshasa  ko bayakiriye.

Ni amasezerano yiswe ay ‘amateka akubiyemo cyane cyane guhagarika ubushyamirane bumaze imyaka hagati yu Rwanda na RDC aho buri ruhande rushinja urundi gufasha umutwe urwanya urundi.

Gusa Nangaa yavuze ko ayo masezerano areba igice kimwe mu mpamvu z’amakimbirane muri RDC.

Yagize ati” kubeshya abo mu gihugu no hanze yacyo ko nta kibazo kiri muri RDC ko ari ikibazo gusa kiri hagati ya Kigali na Kinshasa byaba ari ubushukanyi butakwihanganirwa.”

Avuga ko ariyo mpamvu bo bashyigikiye inzira ya Doha y’ibiganiro hagati ya leta ya Kinshasa na AFC/m23 kugira ngo bakemure impamvu muzi z’ibibazo bya Congo.

Nangaa avuga ko bashima ”umuhate ,kwihangana n’ubushake bwa Qatar na Emir wayo Cheikh Thamim bin Hamad Al Thani kugira ngo bagere ku mahoro arambye.

Ibi biganiro byabaye bihagaze nyuma y’uko Qatar ihaye impande zombi inyandiko y’ibanze y’amasezerano y’amahoro,igasaba intumwa zari i Doha kujya kuvugana n’abakuru bazo kuri iyo nyandiko mbere y’uko zongera kugaruka mu biganiro.

Nangaa avuga ko ibyo AFC/M23 isaba bitahindutse,kandi ko bizagerwaho”ari uko gusa hari uburyo buha umwanya abo mu gihugu kugira ngo hakemurwe impamvu muzi z’ikibazo cya RDC we ashinja ko giterwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi.”

Perezida Tshisekedi ashinja AFC/m23 kugerageza gushaka gucamo RDC ibice,gusahura umutungo kamere wiki gihugu,guteza umutekano mucye no kwica abasivile aho Tshisekedi avuga ko babifashwamo n’u Rwanda ariko rukabihakana.

Corneille Nangaa wahoze akuriye komisiyo y’amatora yemeje intsinzi ya Tshisekedi mu matora ya 2018,mu ijambo rye yibanze ku kunenga ubu butegetsi no kuvuga ko ari akazu,burangwa n’amacakubiri ashingiye ku ivangura ry’amoko kurenganya ko yanagambaniye abaturage kandi ryanaranzwe no gushimagiza AFC/M23 .

Biteganyijwe ko Perezida Tshisekedi nawe ageza ijambo ku gihugu rigendanye n’uyu munsi w’ubwigenge,nawe ashobora kumvikana yibasira anenga ibikorwa bya AFC/M23 kandi bishoboka ko yanagaruka kuri aya masezerano.

Bivugwa ko aya masezerano azashyirwaho umukono na Perezida Paul Kagame na Perezida Tshisekedi mu mpera z’ukwezi kwa Karindwi I washington imbere ya Perezida Donald Trump.

Josep kabila wabaye Perezida wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo imyaka 18 nawe yanenze aya masezerano avuga ko nta kindi agamije uretse ubucuruzi.