RDC: M23 yafashe utundi duce muri Kivu y’Amajyepfo
Imirwano ikaze yongeye kuba hagati y’abarwanyi ba Wazalendo n’abarwanyi b’umutwe wa m23 ,ni yabaye ku munsi wejo muri teritwari ya Walungu,mu ntara ya Kivu y’amajyepfo.
Iyi mirwano yabeye ejo kuwa Gatandatu,muri territoire ya walungu, muri localité za KANIOLA ,BURHALE,KANKINDA,na CHIHANDE yaturutse kuri Wazalendo ifatanyije n’umutwe wa FDLR bagabye ibitero bitandukanye ku birindiro by’umutwe wa m23,aka gace ni nako kavukamo Denise Nyakeru umugore wa Perezida Tshisekedi, ndetse ni naho havuka umugore wa Perezida w’inteko shingamategeko umutwe w’Abadepite ya RDC Vital Kamerhe.
Imirwano yarikaze kuva mu masaha ya mu gitondo karekare kugeza sa kumi.
Ingabo za Afc m23 zinjiye muri centre ya Kaniola sa tanu zamanywa nyuma yo gukubita inshuro abarwanyi ba Wazalendo nabo mu mutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abasize bakoze Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994.
Amakuru dukesha imboninyacu iri Walungu, yadutangarije ko nyuma yuko Wazalendo ikubiswe inshuro abarwanyi bayo barenga 17 bahasize ubuzima.
Abaturage batekewe n’ubwoba kubera umutekano mukeye ukunda kugaragara mu ntara ya Kivu y’amajyepfo ndetse n’ubusahuzi bukomeje gukorwa na Wazalendo na FDLR, twabibutsa ko iyi mirwano yongeye kubura nyuma y’umunsi umwe hasinywe amasezerano ya Washington hagati ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo n’iyu Rwanda Kandi mu ngingo z’ingenzi zigize Aya masezerano harimo niyo guhagarika imirwano nubwo umutwe wa m23 utari wayatumiwemo,ibi Kandi biri kuba mu gihe na none ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye muri RDC (Monusco)basabye RDC kutongera kugaba ibitero mu birindiro bya m23,twabibutsa ko Wazalendo iterwa inkunga Kandi ikanakorana n’ingabo za FARDC zifatanije n’Ingabo z’Abarundi.