EUGENE OFFICIAL

Uganda: Abasirikare babiri bakuru batawe muri yombi bakekwaho gukorana na ADF
AMAKURU MU MAHANGA UMUTEKANO

Uganda: Abasirikare babiri bakuru batawe muri yombi bakekwaho gukorana na ADF

Jun 25, 2025

Abasirikare babiri mu gisirikare cya Uganda (UPDF) batawe muri yombi bakekwaho gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Perezida Yoweli Kaguta Museveni.

Amakuru avuga ko abo basirikare bafashwe  Colonel Peter Ahimbisibwe uyobora ishami ry’igisirikare rishinzwe kurwanya iterabwoba,na Lt col Ephraim Byaruhanga uyobora ishami rishinzwe ibikorwa byihariye bya gisirikare muri (UPDF).

Colonel Peter Ahimbisibwe uyobora ishami ry’igisirikare rishinzwe kurwanya iterabwoba.

 

Itabwa muri yombi ryaba basirikare ryakozwe ku itegeko rya Gen Maj Muhoozi Kainerugaba  aho yatanze iri tegeko kubera yabonaga babangamira ibikorwa byo kurwanya ADF.

Biravugwa ko amashami yayoborwaga naba basirikare yaba yaracengewe nabo mu mutwe w’iterabwoba wa ADF ufite ibirindiro muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.

Aba basirikare ba Uganda batawe muri yombi ,nyuma yuko Gen Maj Muhoozi Kainerugaba akomotse muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo gusinyana n’igisirikare cya FARC ,amasezerano avugurura ayari asanzweho yo kurwanya uyu mutwe wa ADF muri operation Shujaa.

Muhoozi yari aherutse gutangaza kandi ko uwitambika ibikorwa byo kurwanya umutwe wa ADF atazabigiriramo amahirwe ni naho yaboneyeho gusaba umuyobozi w’intara ya Ituli muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo kuva muri iyo ntara kuko amushinja kubangamira ibikorwa byo kurwanya ADF.