Imirwano ikomeye hagati ya Wazalendo na M23 muri Rutshuru yahitanye abasiviri 2
umutekano ukomeje kuba muke mu mujyi wa Nyanzale, muri Rutshuru, mu majyaruguru ya Kivu, aho imirwano yongeye kubura kuri iki cyumweru nyuma ya saa sita, ku ya 22 Kamena, hagati y’abarwanyi ba Wazalendo n’umutwe wa M23 ni mu gihe hari hagaragaye agahenge mu gitondo.
Mu mujyi hose humvikanye urusaku rukomeye, bitera ubwoba abaturage.
Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, abasivili bari basubiye mu ngo zabo i Nyanzale nyuma y’igihe gito barahunze, bikingiranye mu ngo zabo.
Abatangabuhamya bavuze ko muri kariya gace gakikijwe n’abarwanyi ba Wazalendo mu gihe inyeshyamba za M23 zigerageza kwisubiza umudugudu uturanye wa Kiyeye, muri gurupema Kihondo.
Wazalendo bo mu mutwe wa CMC basohoye itangazo ryamagana ibitero M23 yabagabyeho kuwa gatandatu mu duce twa Nyarubande, Burambo, Muhanga, Kihondo-centre na Kiyeye. Bahise batangaza ko baza kubisubiza vuba kuko babifata nk’ubushotoranyi.
Ku rundi ruhande indi mirwano ikomeye yabereye mu gace ka Katsiru hagati ya M23 na Wazalendo.
Umubare w’agateganyo w’igitero cyo ku wa gatandatu ugaragaza ko abasivili babiri biciwe mu i Kihondo, umugabo n’umugore, ndetse n’inzu icumi zatwitse i Nyarubande, muri Sheferi ya Bwito, nk’uko amakuru aturukayo abyemeza.