EUGENE OFFICIAL

Umunyezamu wa Bugesera FC agiye gukomereza umupira w’amaguru i Burayi
AMAKURU IMIKINO

Umunyezamu wa Bugesera FC agiye gukomereza umupira w’amaguru i Burayi

Jun 22, 2025

Umunyezamu w’ikipe ya Bugesera FC, Habineza Fils François, ari mu myiteguro yo kwerekeza mu Burayi, aho agomba kwinjira muri Midtjylland FC, imwe mu makipe akomeye mu Cyiciro cya Mbere muri Denmark.

Amakuru yizewe avuga ko Habineza azagenda ku wa Gatatu tariki ya 25 Kamena 2025, aho biteganyijwe ko iyi kipe izamusinyisha imuguze 50,000$ (abarirwa muri miliyoni 72 Frw).

Midtjylland FC ni ikipe imaze kugira izina rikomeye mu mupira w’amaguru wa Denmark, ifite ibikombe bine bya shampiyona y’iki gihugu, irimo n’icyo yegukanye mu mwaka wa 2023/2024. Yatwaye kandi Igikombe cy’Igihugu inshuro eshatu, ndetse kuri ubu niyo ifite igikombe giheruka.

Mu mwaka w’imikino wa 2025/2026, iyi kipe izahagararira Denmark mu mikino ya UEFA Europa League, aho izatangira ihura na Hibernian FC yo muri Ecosse mu ijonjora rya kabiri.

Habineza, usanzwe ahamagarwa mu Mavubi, ni umwe mu banyezamu bitezweho ahazaza heza, ndetse amaze iminsi avugwa mu biganiro n’amakipe akomeye mu Rwanda nka APR FC na Police FC.

Uyu mukinnyi yageze muri Bugesera FC mu mwaka ushize w’imikino avuye muri Etoile de l’Est, aho yigaragaje cyane kugeza ubwo ahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu avuye mu Cyiciro cya Kabiri—a ibintu bidakunze kugaragara kenshi mu mupira nyarwanda.