Ingabo za leta na Twirwaneho bazindukiye mu mirwano
Nyuma y’ibitero byo kuri uyu wa gatanu ihuriro ry’ingabo za Congo zagabye mu Minembwe no mu burasizuba bwayo, muri iki gitondo zongeye kugaba ikindi gitero kurubu imirwano ikomeye ikaba ihanganishije ihuriro ry’ingabo za leta n’abarwanyi ba Twirwaneho.
Amakuru agaragaza ko iki gitero iri huriro ry’ingabo za RDC zagabye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 21/06/2025, zakigabye ahazwi nko muri Nyaruhinga.
Amakuru aturuka mu Minembwe avuga ko ibi bitero byagabwe na Mai Mai, Ingabo z’uburundi, Fardc n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.byahereye muri Nyaruhinga.
Kugeza ubu ihangana hagati y’impande zombi riracyakomeje, nubwo hari amakuru avuga ko uru ruhande rwa Leta ko rwatangiye gusubira inyuma.
Andi makuru avuga ko ingabo z’u Burundi ko arizo ziyoboye iki gitero, kandi ko ku ruhande rwazo ari nyinshi, kuko izari ziheruka koherezwa mu Bibogobogo muri zo zerekeje muri iki gice kugira ngo zikomeze ibitero kuri Twirwaneho na M23.
Ibi bitero byakozwe uyu munsi, bije bikurikira ibindi iri huriro ryakoze ku munsi wejo ku wa gatanu, aho zabigabye muri Mukoko n’i Gasogocyi.