EUGENE OFFICIAL

Constant Mutamba yeguye ahitanywe na miliyoni 19$
POLITIKE Uncategorized

Constant Mutamba yeguye ahitanywe na miliyoni 19$

Jun 18, 2025

Constant Mutamba wari Minisitiri w’ubutabera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye kuri izi nshingano nyuma y’iminsi mike umushinjacyaha mukuru, Firmin Mvonde, amubujije kurenga umujyi wa Kinshasa kubera amukurikiranyeho kunyereza miliyoni 19 z’amadolari.

Mu ijoro ryaraye ryakeye rishyira kuri uyu wa gatatu tariki ya 18/06/2025, ni bwo Mutamba yatangaje ko yeguye ku nshingano za minisitiri w’ubutabera.

Amakuru avuga ko iki cyemezo yamaze no kukigeza kwa perezida wa Repubulika, Felix Tshisekedi.

Biteganyijwe ko uyu munsi ku wa gatatu tariki ya 18/06/2025, ko ari bwo Mutamba ageza ibaruwa y’ubwegure kwa perezida na minisitiri w’intebe.

Mutamba yeguye nyuma yuko inteko ishinga amategeko ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yarimaze kwemerera Mvonde kugeza Mutamba mu rukiko, akaburanishwa icyaha cyo kunyereza miliyoni 39 z’amadolari y’Amerika zari ziteganyirijwe umushinga wo kubaka gereza ya Kisangani mu ntara ya Tshopo.

Mutamba wamaze kwinjira muri izi manza yagizwe minisitiri w’ubutabera mu ntangiriro z’umwaka ushize.

Ni umwe mu bategetsi b’iki gihugu imvugo ze zakunze kwibasira u Rwanda, ndetse byageze naho avuga ko azafunga perezida warwo, Paul Kagame hari naho yavuze ko azarutera ngo akarwomeka kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.