EUGENE OFFICIAL

Rutshuru-Walikale:Imirwano ikaze yahanganishije umutwe wa m23 na Wazalendo.
UMUTEKANO

Rutshuru-Walikale:Imirwano ikaze yahanganishije umutwe wa m23 na Wazalendo.

Jun 11, 2025

Imirwano ikaze yahanganishije abarwanyi b’umutwe wa m23 nabo m’umutwe wa Wazalendo muri teritwari ya Rusthuru no muri teritwari ya Walikale kuri uyu wa kabiri tariki 10 kamena,yatumye abaturage benshi bava mu byabo.

Umutekano ukomeje kuba mukeya mu bice bya teritwari ya Rutshuru na teritwari ya Walikale kubera imirwano ikaze kandi iteye ubwoba hagati y’abarwanyi b’umutwe wa m23 nabo m’umutwe wa Wazalendo yabaye kuwa kabiri mu gace ka Mulema aho amazu menshi yatwitswe kubera amabombe yakoreshwaga n’impande zombi zihanganye,iyo mirwano kandi yanabaye mu gace ka Nyamilima aho umwana w’umukobwa w’imyaka icumi yahitanywe n’amasasu.

Abaturage benshi batuye muri Nyamilima bahungiye mu bice bya Mugogo kubera ubwoba bw’iyo mirwano.

Muri teritwari ya Rutshuru ,m’umudugudu wa Nyamilima hakomeje kugaragara imirwano mu bihe bitandukanye hagati y’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo n’abarwanyi bo m’umutwe wa m23 barwanya ubutegetsi bwa Kinshasa.

 

Ibitero byabaye kuwa kabiri hagati y’isaha ya saa moya z’igitondo byateje ibyago bikomeye aho abantu bataramenyekana baburiyemo ubuzima abandi bagakomereka hakangirika n’ibintu byinshi nkuko isoko yacu y’amakuru ibitangaza.

Imirwano ikaze cyane kandi yagaragaye mu gice cya Mugogo muri sheferi ya Bwito,no muri Mulema muri gurupoma ya Kisimba teritwari ya Walikale ahatwitswe amazu menshi y’abaturage b’abasivile.

Amakuru avuga ko guhera tariki ya 18 Gicurasi ,kugeza tariki ya 10 Kamena 2025,amazu arenga 600 yatwitswe,abantu nibura 75 bishwe,abantu 42 bakomeretse naho imidugudu 26 ikaba yaragizweho ingaruka n’iyo mirwano muri gurupoma ya Tongo na Bukombo.