RDC:Umutwe wa FDLR wazindutse utera ibirindiro bya m23 muri Kinyandoyi.
Umutwe wa FDLR wazindutse utera ibirindiro bya m23 muri Kinyandoyi aho imirwano yamaze igihe kigera mu isaha imwe.
Kinyandoyi ni umudugudu uherereye muri teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru,uyu mudugudu umaze iminsi wibasirwa n’ibitero by’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ufatikanyije na Wazalendo kuko aka gace igisirikare cya m23 cyagafashe gasanzwe ari indi ya FDLR kuko yari yaranashinze ama bariyeri isoresha abaturage.
Mu masaha ya ssa kumi z’igitondo nibwo abaturage batuye mu mujyi wa Kiwanja mu birometero icumi uvuye Kinyandonyi batangiye kumva urusaku rw’imbunda nini zirasa ziturutse mu birindiro by’ingabo z’umutwe wa m23 zirasa zerekeza Kinyandoyi ,aba baturage bakaba badutangarije ko ari umusada wari utwanzwe na pozisiyo y’igisirikare cya m23 mu kurasa abarwanyi ba FDLR bari bateye ibirindiro bya Kinyandoyi bya m23,tuganira n’umwe mu baturage batuye hafi na Kinyandoyi ariko utashatse ko dutangaza amazina ye ,yadutangarije ko ibitero bya FDLR byazindutse byibasira ibirindiro bya m23 muri kano gace ,ko humvikanaga imbunda ntoya ni nini,ariko ko bitamaze umwanya ko m23 yaje kubasubiza inyuma,gusa ntiyabashije kumenya niba hari abahaguye ku mpande zombi cyangwa niba hari bafashwe.
Abaturage batuye Rutshuru batuye muri gurupoma ya Tongo ,teritwari ya Rutshuru bari batubwiye ko mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru hari umusirikare wa Wazalendo ufite ipeti rya clonel autoproclame witwa Muco wijyanye ku birindiro bya M23 bikaba bikekwa ko nawe yaba ari uwari mubitero byagabwe kuri m23 muri Kinyandoyi.