Kurya amafaranga ya YouTube utabanje kuvunika bigiye kuba nko gukura inyama mu kanwa k’impiri
Abantu benshi bakoresha urubuga rwa YouTube bashakisha amafaranga ,bagiye kuzajya bayarya babanje kwiyuha akuya bimwe bigereranywa no gukura inyama.mu kanwa k’impiri. Urubuga rwa YouTube rwatangaje ko abari basanzwe batambutsa ’video’ zakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) mu majwi n’amashusho, ariko batabihaye umwihariko n’umwimerere,
Gatsibo:Umusore yivuganye nyina wamubuzaga gutereta umugore baturanye
Umusore w’imyaka 25 wo mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo yo gukekwaho kwica nyina umubyara w’imyaka 60, amuziza ko amubuza gutereta umugore baturanye yari yarinjiye. Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane
RDC/UGANDA:Umupaka wa Bunagana wongeye gufungurwa na AFC/M23 k’ubufatanye na Perezida Museveni
Umupaka wa Bunagana wongeye gufungurwa na AFC/M23 k’ubufatanye na Perezida Museveni ni umupaka wari warafunzwe guhera mu kwezi kwa Gatandatu umwaka wa 2022,ukaba wari wafunzwe n’umutwe wa m23 ukimara gufata aka gace ka Bunagana gahana imbibi n’igihugu cya Uganda. Uyu mupaka wafunguwe mu
RDC:Abasirikare benshi bafite ipeti rya jenerari muri FARDC batawe muri yombi n’uego rushinzwe iperereza
Inzego zishinzwe umutekano muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo zataye muri yombi abofisiye bakuru babiri bakorana bya hafi n’umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu bikorwa by’igisirikare Gen Christian Tshiwewe Songesha. Abatawe muri yombi ni Gen Maj Mourice Nyembo wahoze ari umuyobozi w’ibiro bya Gen
Kenya:Mubarase amaguru ntimubice tuzabone uko tubarega mu nkiko/Perezida William Ruto
Perezida wa Kenya, William Ruto yategetse polisi y’iki gihugu kurasa mu kaguru abamaze igihe bagira uruhare mu myigaragambyo, yamagana ubutegetsi bwe. Ni icyemezo Perezida Ruto yatangaje ku wa Gatatu tariki 9 Nyakanga 2025 nk’uburyo bwo guhangana n’imyigaragambyo izwi nka ‘Saba Saba’. Iyi myigaragambyo iba
Masisi:Umutekano ukomeje kuba mukeya kubera imkirwano hagati ya Wazalendo n’abarwanyi ba m23
Masisi Umutekano ukomeje kuba mukeya kubera imkirwano hagati ya Wazalendo n’abarwanyi ba m23,uyu mutekano mukeya wakomotse ku mirwano yabaye ejo hashize kuwa kabiri ,tariki ya 8 Nyakanga 2025,ubwo abarwanyi bo mu mutwe wa Wazalendo ishami rya ANCDH/AFDP barwanaga n’abarwanyi bo mu mutwe wa
Aimable Karasira yavuze impamvu itangaje yatumye asanganywa amafaranga menshi
Aimable Karasira yongeye gusubira imbere y’urukiko yiregura ku nkomoko y’umutongo we n’iyezandonke ashinjwa, yinubira gusabwa gusobanura inkomoko ya buri faranga yatunze kandi biri mu bintu atitaho cyane mu buzima bwe. Mu iburanisha ryo ku wa 8 Nyakanga 2025, Karasira n’ubunganizi be bagenewe umwanya
Chelsea yanejeje abakunzi bayo mu gikombe cy’Isi cy’Amakarabu
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yageze ku mukino wa nyuma y’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe nyuma yo gutsinda Fluminense 2-0 mu mukino wa 1/2 wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 8 Nyakanga 2025. Mu mukino wabereye ku Kibuga cya MetLife Stadium